31/07/2024
*BREAKING NEWS* : In this morning of 31/02024,..Hamas Political leader *Ismaël Haniyeh* is assassinated while attending the inauguration of elected Iranian President *Masoud Pezeshkian* in Tehran, Iran🇮🇷. _Iranian Corps announced.
__________
*Amakuru mashya* : Muri iki gitondo cyo kuwa 31/07/2024,..Inzego z'umutekano za Iran zatangaje ko umuyobozi w'umutwe wa Hamas mubya Politike *Ismaël Haniyeh* yarashwe ubwo yari yitabiriye umuhango wo kurahira kwa President mushya wa Iran watowe *Masoud Pezeshkian*. Iperereza riracyakomeje umurashe ntabwo aramenyekana niko inzego z'ubutasi za Iran zatangaje,..
30/07/2024
AYMAN AL-ZAWAHIRI* (Death)
_________
None kuwa 31/07/2024, Imyaka ibiri iruzuye neza, Nomero yambere mubashakishwa kurusha abandi mw'isi *Ayman Al-Zawahiri* wayoboraga umutwe w'iterabwoba wa Al-Qaeda yishwe asutsweho ibisasu na Drone y'Abanyamerika mumurwa mukuru wa Afghanistan - Kabul.
Ayman Al-Zawahiri yishwe n'ubutegetsi bwa Amerika buriho bwa Joe Biden bumushinja kuba yarabaye mubimbere bapanze umugambi wo gukora ibitero by'iterabwoba kuwa 11/09/2001 kumiturirwa no kuri Ministeri y'ingabo muri America bikozwe na Al-Qaeda. Yashinjwe kandi kugaba ibitero kuri Ambasade za Amerika ziri i Dare Salam (Tanzania) ndetse na Nairobi (Kenya) mumwaka wa 1998.
Zawahili niwe wari warasimbuye Osama Bin Laden kubuyobozi bwa Al Qaeda nyuma yuko nawe Abanyamerika bamutsinze muri Pakistan muri 2011. Zawahiri yashyiriweho Miliyoni 25 z'amadorari kumuntu wese watanga amakuru yatuma atabwa muri yombi.
Ubu ikigezweho noneho ubanza Al Qaeda yaracitse itakibaho. Hari amakuru ufite kuri uyu mutwe w'iterabwoba?
30/07/2024
WEIMAR REPUBLIC (Germany)*
_________________
Ku italiki nkiyi ya 31/07/1919 mubudage, nibwo hashyizweho itegeko nshinga rishyiraho Repubulika rigakuraho burundu ubwami bwari bumaze gutsindwa bidasubirwaho intambara yambere y'isi. Iyo Repubulika yasimbuye ubwami yitwa *WEIMAR REPUBLIC* yahise inayoborwa na President wambere wayo witwaga *Friedrich Ebert* waje gusimburwa na President *Hindenburg* nawe waje guhirikwa kubutegetsi n'uwo yari yaragize Chancelie Adolph Hi**er muri 1933 ahita ayobora ubudage kuva ubwo kugeza mumpera z'intambara ya kabiri y'isi muwa 1945.
Abadage ngo babonaga ingoma y'ubwami inaniwe bazana Repubulika ngo ya demokarasi, gusa ntibyaraye kabiri, kuko iyi repubulika itamaze imyaka 20 kuko Hi**er yahise nubundi abisenya byose, ubutegetsi bwose busubira mubiganza bye.
*Hari agashya ujya wibukira kuri uyu munyagitugu wambere mumateka y'isi waba wibuka?*