Ijisho Rya Ruhago

Ijisho Rya Ruhago

Share

This is a very informative page about Rwanda soccer activities.

Chelsea: Kanté nk’ubugi butyaye mu ruhande rw’iburyo — Panorama Football 04/06/2021

N’golo Kanté niwe uyobora umukino muri kiriya gice k’iburyo cya Chelsea haba mu busatirizi cyangwa m’ubwugarizi.

Ni iki mu by’ukuri kimugira umukinnyi udasanzwe ukinira hagati?

Kanda hasi usome inkuru irambuye.

Chelsea: Kanté nk’ubugi butyaye mu ruhande rw’iburyo — Panorama Football Dusesengure Kanté wagiza uruhare rugaragara mu guhirika Real Madrid no gutwara igikombe Manchester City, nk’umukinnyi w’imena.

29/05/2021

Muri iyi video, turasesengura urutonde ikipe ya Chelsea ishobora kubanza mu kibuga k'umukino wa nyuma wa Champions League kuri uyu mugoroba imbere ya Manchester City.

Umutoza Tuchel aratangaza ko Mendy na Kanté bishiboka cyane ko aba bakinnyi be b'inkingi za mwamba bashobora gutangira umukino. Gusa ikibazo ni: "ese bashobora kuwurangiza?"

Kabone n'ubwo Mendy ari muzima, biramutse bigeze mu ma penalty niwe tuza kubona ahagarikwa mu izamu?

Ese hagati ya Reece James, Azpilicueta na Christensen ni nde ubanza inyuma k'uruhande rw'iburyo mu mutima w'ubwugarizi? ni nde se ubanza k'uruhembe rw'iburyo?

Ese umutoza arahitamo gukinisha rutahizamu umwe w'umwimerere? Cyangwa arazana babiri?

Ibi bibazo n'ibindi bisa nkaho bidashubije, ni byo twibandaho muri iyi Video. Kanda hasi urebe video.

27/05/2021

Ikipe ya Liverpool nyuma y’umwaka utarayorohereye na gato, isanze igihe ari iki kugirango ivurure urutonde rwayo. Bamwe ni abakinnyi bari baribagiranywe mu kabati nk'umuzamu Karius.
(muribuka amarorerwa yakoze imbere ya Benzema?)

Liverpool: Igura n’igurisha 2020-2021 naryo ubwaryo ni umushinga — Panorama Football Ikipe ya Liverpool isanze igihe ari iki kugirango ivurure urutonde rwayo. Bamwe ni abakinnyi bari baribagiranywe mu kabati nka Karius.

22/05/2021

Birasa nk’ibitarasobanuka muri iyi shampiyona ya Espanye ubwo igeze ku munsi wayo wa nyuma. Kugeza ubu igikombe nticyari cyabona nyiracyo, ndetse ntibiranasobanuka ku makipe agomba guhagararira Espanye mu gikombe cy’Uburayi (Europa League). Bikarushaho gutera amatsiko mu gihe hataramenyekana amakipe agomba ku manuka mu kiciro cya 2. (kanda hasi some inkuru yose)

LaLiga Santander: Haraca uwambaye k’uri uyu munsi wa nyuma — Panorama Football Ubu igikombe nticyari cyabona nyiracyo, ndetse ntibiranasobanuka ku makipe agomba guhagararira Espanye mu gikombe cy’Uburayi.

21/05/2021

Bruno Satin yagize ati: “Icyo nzi ni uko k’uri ubu (Mbappé)yifuza guhindura ikipe”.

Ibi ni n’ibintu umuryango wa Mbappé waba waragizemo uruhare, gusa hakaba hategerejwe ko Paris Saint Germain (PSG) ibiha umugisha. Aha rero ni naho ruzingiye.

Ku bashishoza ntawa terura ngo avuge ko PSG izabireka bikaba uko. Aba banyemari bakomoka mu gihugu cya Qatar bazaruca barumire, kugeza wenda ubwo Mbappé azarangiza amasezerano ye akijyana. Aba bakire niko babaye!
(Kanda hasi usome inkuru yose)

Kylian Mbappé: Ashobore kuba yamaze kumvikana na Real — Panorama Football Bruno Satin yatangaje ko afite amakuru y’uko Kylian Mbappé yaba yaragiranye amasezerano n’ikipe ya Real Madrid.

Want your business to be the top-listed Gym/sports Facility in Kigali?

Click here to claim your Sponsored Listing.

Location

Category

Address


Kigali